×

صفة الوضوء وبيان صلاة النبي مع الأذكار (كينيارواندا)

الوصف

مقالة مترجمة إلى اللغة الكنيارواندية، عبارة عن اختصار لصفة صلاة النبي صلى الله عليه وسلم، وبيان صفة الوضوء، والأذكار بعد الصلاة.

تنزيل الكتاب

    بسم الله الرجمن الرحيم

    AGATABO : UBURYO BWO KWISUKURA,ISENGESHO N'UBUSABE

    كيفية الوضوء والصلاة والأذكار

    BYANDITSWE MU KINYARWANDA

    NA

    SHEIKH: SIBOMANA MAHMUD

    BISMILAHI RAH'MAN RAHIM

    INTANGIRIRO

    Mbere ya byose ishimwe , icyubahiro n'ikuzo bikwiye imana yo muremyi w'ibiri mu isi n'amajuru arindwi waremye abantu akabahitiramo inzira iboneye yo kuyigandukira nyuma igashyiraho amategeko agomba kugenga ikiremwa kugira ngo kitazatezuka kigaca ukubiri n'ibyo imana igishakaho , nanone dusabira intumwa y'imana amahoro n'imigisha ko byamusesekaraho n'ab'iwe n'abasangirangendo n'abamukurikiye kugendera mu muyobora wa qor'an ndetse na sunat (imigenzo) n'bazamukurikira kugeza kumunsi

    Mu byukuri imana yaraturemye ariko iturema hari icyo idushakaho ariyo mpamvu itadutereranye ahubwo yatwoherereje intumwa zitwigisha ibyo imana ishaka ku bagaragu bayo izihishurira ibitabo bizazifasha gusohoza ubutumwa zari zihawe

    Niyo mpamvu mu ntumwa imana yatumye kuri iyi'si n'iyasozereje izindi zose ariyo muhamadi imana imuhe amahoro n'imigisha imuhishurira qor'an yaje igaragaza ikibi n'ikiza idusobanurira inzira tugomba gucamo tugaragira imana dore ko ariyo nzira intumwa n'abahanuzi boherejwe ku isi aribyo zaje zigisha.

    Ariyo mpamvu aka gatabo gakubiyemo igikorwa mu bikorwa byabaye intandaro yo kuremwa ku muntu

    Imana iragira iti: "ntacyo naremeye amadjini n'abantu uretse kungaragira ".

    Kdi mukuri nta kiza nko kugaragira imana kuruta guhagarika amasengesho ukayakora mu buryo bunoze dore ko ku munsi w'imperuka ubwo abantu bazajya kubarurirwa mbere na mbera hazarebwa ni buryo ki wakozemo amasengesho.

    Aka gatabo karimo ibintu bibiri by'ingenzi :

    Icya mbere : uburyo bwo kwisukura.

    Icya kabiri : uburyo isengesho rikorwa.

    Icya mbere

    Uburyo bwo kwisukura.

    Iyo umuntu yisukura bisaba ko yisukuza amazi asukuye kandi ari kuri kamere yayo.

    Biremewe kwisukuza amazi yahinduye ibara cyangwa impumuro cyangwa uburyohe, ariko ayo mazi akaba yaguwemo n'ikintu gisukuye.

    Uburyo bwo kwisukura buri mu bice bibiri:

    Kwisukura byoroheje : Bisaba gutawadha gusa urugero: nko kujya kwihagarika ibikomeye (kwituma ) cyangwa kwihagarika ibyoroshye (kunyara).

    1- Kwisukura bikomeye : bisaba koga urugero : guhuza ibitsina kw'abashakanye (IDJANABA) no kwirotera gusohokwamo intanga byatewe no kwirotera cyangwa kwikinisha kujya mu mihango ya buri kwezi ku gitsina gore ndetse n'ibisanza ku mugore wabyaye cyangwa wakuyemo inda n'izindi nzira zatuma usohora.

    Imana yategetse ko ugiye gusari agomba kwisukura.

    Imana iragira ati:

    "Yemwe abemeye nimujya guhagarika amasengesho muzakarabe mu buranga bwanyu n'amaboko yanyu kugeza mu nkokora , muhanagure ku mitwe yanyu kandi mukarabe amaguru yanyu kugeza kutubumbankore kandi nimuba mwahumanye mujye mwisukura".

    qor'an 5:6

    ndetse tugomba guhagarika amasengesho dufite isuku umubiri wacu wose ndetse n'imyambaro.

    Imana iragira iti:

    "N'imyambaro yawe uyeze".

    Qor'an 74:4

    Iyo umaze kumenya ko nta mwanda w' umubiri cyangwa imyenda ufite igihe cyo gusari kigeze , ufata isuku y'ibice bikurikira;

    aribyo bita :

    (GUTAWAZA) cyangwa (UDHU)

    Gutawaza:

    ni ugukoresha amazi wisukura ibice by'umubiri bizwi , bikaba ari itegeko ry'imana ku muntu wese ugiye gusari, ndetse n'iswalat ntiyakirwa iyo utatawaje.

    Igikorwa cya mbere ni:

    kuvuga BISMI LLAH RAHMAN RAHIIM

    ibisobanuro

    "mbanje izina ry'Imana nyir'impuhwe nyir'imbabazi".

    Gukaraba ibiganza bibiri (2) n'amazi inshuro eshatu ni byo byiza.

    Igikorwa cya kabiri :

    koza cyangwa kunyuguza mu kanwa inshuro eshatu.

    Igikorwa cya gatatu ukora ni :

    gushyira amazi mu mazuru ukayashoreza warangiza ukayapfuna inshuro eshatu.

    Igikorwa cya kane ukora ni:

    gukaraba uburanga (mu maso) uhereye ku gutwi ukagera kukundi no kuntangiriro y'imisatsi kugera ku kananwa inshuro imwe,ebyiri cyangwa eshatu ni byiza kurusha.

    Igikorwa cya gatanu ukora ni:

    gukaraba akaboko k'iburyo ugeza mu nkokora inshuro imwe ebyiri cyangwa eshatu

    Warangiza ugakurikizaho akaboko k'ibumoso nkuko wakarabye ak'iburyo.

    Igikorwa cya gatandatu ukora ni:

    Gushyira amazi mu biganza byawe bibiri warangiza ugasiga mu mutwe uhereye imbere ukageza inyuma ,ukagarura imbere hanyuma ukinjiza intoki mu matwi igikumwe kigahanagura inyuma n imbere . Inshuro imwe irahagije(1).

    Igikorwa cya gatandatu ukora ni :

    Ugakaraba ibirenge ubanza ukuguru kw'iburyo ugaheruka ak'imoso kugeza kutubumbankore.

    Ubusabe umuntu asabwa kuvuga iyo arangije gufata isuku (gutawaza)

    ASH'HADU AN LA ILAHA ILA LLAHU WAH'DAHU LA SHARIIKA LAHU WA ASH'HADU ANA MUHAMADAN ABDUHU WA RASULUHU

    ALLAHUMA IDJ'ALINI MINA TAWAABIINA WADJA'ALINI MINAL MUTATWAAHIRINA WADJI'ALINI MIN IBADIKA SWALIHIINA

    Ibisobanuro

    Ndahamya ko nta yindi MANA ibaho ikwiye gusengwa by'ukuri uretse imana imwe yonyine itagira umufasha cyangwa uwo babangikanye nayo kandi nkanahamya ko muhamadi ari umugaragu wayo akaba n'intumwa yayo.

    NYAGASANA MANA nshyira hamwe n'abakwicuzaho kandi unanshyire hamwe n'abanyesuku.kandi unanshyire mu bagaragu bawe beza.

    IGICE CYA KABIRI

    UBURYO BWO GUHAGARIKA ISENGESHO

    Icya mbere :

    ni ukwereke QIBLA warangiza ukavuga uti"

    ALLAHU AKBARU (imana niyo nkuru)

    Ubivuga wazamuye amaboko yawe ukayaringaniza n'amatwi , warangiza ukayamanura ukayashyira ku gituza akaboko k'iburyo kageretse hejuru yak'ibumoso maze usome ubusabe bufungura iswalat bugira buti :

    SUB'HANAKA ALLAHUMA WA BIHAM'DIKA WA TABAARAKA IS'MUKA WA TAALA DJADUKA WALA ILAAHA GHAY'RUKA.

    Ibisobanuro:

    Ubutagatifu ni ubwawe MANA na buri shimwe niryawe hakuzwe izina ryawe n' icyubahiro cyawe gihimbazwe nta nindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri ureste wowe MANA.

    Icya kabiri : wikinga ku MANA ikurinde shitani wavumwe uvuga uti:

    A-UDHU BI LLAHI MINA SHAYITWANI RADJIIM

    Ibisobanuro:

    "Nikinze ku MANA indinde shitani wavumwe".

    Ugasoma suratul fatiha (al hamduli llah ) ugira uti :

    BISMI LLAHI RAH'MAN RAHIIM

    AL HAMDU LILLAHI RABIL AALAMIIN

    ARRAH'MANI RAHIIM

    MALIKI YAW'MI DIIN

    IYYAKA NAABUDU WA IYYAKA NAS-TAIIN

    IH'DINA SWIRATWAL MUS-TAQIIM

    SWIRATWAL LADHIINA AN-AM'TA ALAY'HIM

    GHAY'RIL MAGH'DHWUBI ALAY'HIM WALA DHWAAALIIIN

    AMIIN.

    Ibisobanuro

    Kwizina ry'IMANA nyir'impuhwe nyir'imbabazi

    Ikuzo ni'ishimwe ni iby'IMANA nyagasani w'ibiriho byose.

    Nyir'impuhwe nyir'imbabazi.

    Umwami wo kumunsi w'imperuka.

    Ni wowe dusenga kdi niwowe twiyambaza.

    Tuyobore inzira igororotse.

    Inzira yabo wahaye inema zo kukuyoboka

    Ntibe inzira y'abo warakariye kandi bayobye.

    Akira ugusaba kwacu

    Warangiza ugakurikizaho isura muri QOR'AN zimwe mu isura ngufi ni :

    Suratul ikhlaswi (qul huwa llah)

    BISMI LLAHI RAHMAN RAHIIM

    QUL HUWA LLAHU AHADU

    ALLAHU SWAMADU

    LAM YALID WA LAM YUULAD

    WALAM YAKUN LAHU KUF'WAN AHADU

    Ibisobanuro

    Vugat uti allah niwe MANA imwe rukumbi

    Allah we wishingikirizwa n'ibiremwa byose

    Ntiyabyaye kandi ntiyabyawe

    Kandi nta nakimwe asa nacyo mubyo yaremye

    Icya gatatu ni : uvuga uti ; ALLAH AKBARU ukunama (RUKU) ibiganza byawe ukabishyira ku mavi uvuga aya magambo:

    SUB'HANA RABIYAL ADHWIIM (3) (inshuro eshatu ariko ni byiza kubivuga kenshi.

    Ibisobanuro:

    "Ubutagatifu ni ubw' IMANA nyir'ubuhangange".

    Icya kane ni : kunamuka uva ku mavi ugahagarara wemye ukavuga uti:

    SAMIA LLAHU LIMAN HAM'DAH

    RABANA WALAKAL HAM'DU HAMDAN KATHIIRAN TWAYIBAN MUBARAKAN FIHI

    Ibisobanuro

    IMANA yumva uyishimiye

    MANA murezi wacu ni wowe ukwiye gushimwa ishimwe ryinshi ryiza ryuje umugisha.

    Icyitonderwa.

    # Ijambo SAMIA LLAHU LIMAN HAMDAH rivugwa n' uwasengesheje (IMAMU) naho MAAMUUMA iyo ava ruku avuga RABANA WALAKAL HAM'DU gusa.

    # Iyo umuntu yisarishije nibwo yemerewe kurivuga.

    Icya gatanu ni kuvuga : ALLAHU AKBARU

    ukamanuka ukubama ushyize agahanga n'uburanga hasi wubamiye ku bice 7 aribyo:

    1 uruhanga n'izuru

    2-3 ibiganza byombi

    4-5 amavu yombi

    6-7 guhagarika amano y'ibirenge warangiza ukavuga uti:

    SUB'HANA RABIYAL AALA (3) inshuro eshatu cyangwa ukabivuga kenshi.

    Ibisobanuro:

    Ubutagatifu ni ubw'IMANA murezi wanjye w'ikirenga.

    Icya gatandatu: nyuma wubamuke uvuga aya magambo:

    RABIGHIF'RIY WAR HAM'NIY.WAH'DINIY WADJIBURNIY WAR'ZIQ'NIY WA AFINIY.

    Ibisobanuro:

    Nyagasani wanjye ngirira imbabazi , unangirire impuhwe, unanyobore , unampe gushimishwa nibyo mfite, unampe amafunguro n'ubuzima buzira umuze.

    Nanone uvuge uti ALLAHU AKBARU

    wongere wubame bwa kabiri uvuge uti:

    SUB'HANA RABIYAL AALA (3) inshuro eshatu cyangwa ubivuge kenshi.

    Ibisobanuro:

    Ubutagatifu ni ubw'IMANA murezi wanjye w'ikirenga.

    Icya karindwi:

    Nyuma uvuga uti : ALLAHU AKBARU

    Ugahaguruka ugatangira igice cya kabiri (RAKA YA KABIRI)

    ICYITONDERWA:

    Igice cya kabiri (RAKA YA KABIRI) uyikora nkuko wakoze iya mbere uretse ko nyuma yo kurangiza gusoma SURATUL FATIHAT ushobora gusoma indi surat ushatse muri qor'ani urugero nka:

    QUL A-UDHUBI RABI NAASI

    MALIKI NAASI

    ILAHI NAASI

    MIN SHARI LI WASIWAASIL KHANAASI

    ALADHI YUWASIWISU FI SUDUURI NAASI

    MINAL DJINATI WA NAASI

    Ibisobanuro:

    Vuga uti nikinze ku Mana nyagasani w'abantu.

    Umwami w'abantu.

    Ugaragirwa n'abantu.

    Andinde ububi bwa shitani.

    Shitani itera impagarara mu mitima y'abantu.

    Iboneka mu madjini n'abantu.

    Ariko iyo urangije kubama mu gice cya kabiri(2) uvuga uti :

    " ALLAHU AKBARU

    Maze ukicara ukavuga ubuhamya bwa mbere aribwo buvuga butya:

    ATTAHIYATU LILLAHI WA SWALAWAATU WA TWAYBAATU

    ASALAM ALAYKA AYUHA NABIYU WA RAH'MATU LLAHI WA BARAKATUH

    ASALAMU ALAY'NA WA ALA IBADI LLAHI SWALIHIINA

    ASH'HADU AN LA ILAHA ILA LLAHU WA ASH'AHADU ANA MUHAMDAN AB'DUHU WA RASULUHU.

    Ibisobanuro

    Indamutso n'amasengesho n'ibyiza byose ni iby'IMANA amahoro y'IMANA ,impuhwe n'imigisha byayo bibe kuri wowe eye muhanuzi amahoro y'IMANA abe kuri twe no ku bagaragu bayo bakora ibyiza

    Ndahamya ko nta yindi mana ibaho ikwiye gusengwa byukuri uretse IMANA imwe rukumbi (ALLAHU) nkanahamya ko na muhamadi ari umugaragu wayo kandi akaba n'intumwa yayo.

    ICYITONDERWA

    1- Igihe isengesho (ASWALAT) rigizwe n'ibice bibiri ,nk'isengesho rya mugitondo(SWALATUL FADJ'RI) wongeraho ubuhamya busoza turibuze kubwerekana mu bikurikira……….

    Nyuma ugatanga indamutso (ASALAMU)

    2- Igihe isengesho (ASWALAT) igizwe n'ibice birenze bibiri nk'isengesho rya nimugoroba (SWALATUK MAGH'RIBI) rifite ibice bitatu cyangwa isengesho nka (SWALATU DHUHURI na SWALATU AL ASWRI na SWALATUL ISHAA'I ) aya masengesho atatu afite ibice bine

    Igice cya gatatu n'icya kane ku isengesho 3 twavuze haruguru usoma SURATUL FATIHA GUSA ndetse n'igice cya gatatu cya SWALATUL MAGHARBI.

    Iyo urangije wongeraho ubuhamya busoza aribwo :

    ALLAHUMA SWALI ALAA MUHAMADIN WA ALAA AALI MUHAMADIN

    KAMA SWALAY'TA ALAA IBURAHIIMA WA ALAA AALI IB'RAHIIMA

    INAKA HAMIDUN MADJIIDU

    ALLAHUMA BAARIKI ALAA MUHAMADIN WA ALAA AALI MUHAMADIN

    KAMA BARAK'TA ALAA IBRAHIIMA WA AALA AALI IBRAHIIMA

    INAKA HAMIIDUM- MADJIID.

    Ibisobanuro

    MANA yanjye girira impuhwe muhamadi n'abo mu rugo rwa muhamadi nk'uko wagiriye impuhwe ibrahiim n'abo mu rugo rwa ibrahiim mu kuri ni wowe nyir'ugushimwa nyir'icyubahiro.

    MANA yanjye hundagazaho imigisha kuri muhamadi no kubo mu rugo rwa muhamadi nk'uko wahundagaje imigisha kubo mu rugo rwa ibrahiim mu kuri ni wowe nyir'ugushimwa nyir'icyubahiro.

    Iyo urangije ubuhamya bwa nyuma uvuga ubu busabe :

    "ALLAHUMA INIY A-UDHUBIKA MIN ADHAABUL QAB'RI

    WA MIN ADHAABI NAARI

    WAMIN FITNATIL MAH'YAA WAL MAMAATI WA

    MIN FITINATIL MASIHI DADJAAL".

    "ALLLAHUMA RABANA AATINA FI DUNIYA HASANATAN

    WA FIL AKHIRATI HASANATAN

    WA QINA ADHAABA NARI".

    Ibisobanuro

    MANA yanjye nkwikinzeho undine ibihano by'umuriro wa djahanamu

    N'ibihano byo mu mva , n'ibigeragezo bya masihi dajdal

    MANA nyagasani wacu duhe ibyiza ku isi unaduhe ibyiza ku mperuka

    Icyaa munani

    Iyo urangije gusoma ubusabe ukebuka iburyo bwawe uvuga uti :

    ASALAAM ALAY'KUM WA RAH'MATU LLAHI

    Ni ibumoso ukavuga uti :

    ASALAAM ALAY'KUM WA RAHMATU LLAHI

    UBUSABE BUSOMWA BURI NYUMA Y'ISENGESHO

    1- ASTAGH'FIR ALLAH inshuro 3

    2- ALLAHUMA AN'TA SALAAM.

    WA MIN'KA SALAAM.

    TABARAK'TA YA ZAL'DJALAAL WAL IKRAAM.

    3- LA ILAHA ILA LLAHU WAH'DAHU LA SHARIKA LAHU LAHUL MULKU WA LAHUL HAM'DU WA HUWA ALA KULI SHAY'IN QADIIR.

    LA HAW'LA WALA QUWATAN ILA BI LLAH

    LA ILAHA ILA LLAHU WALA NAABUDU ILA IYAAHU LAHU NIIMATU WA LAHUL FADHW'LU WA LAHU THANA'UL HASAN

    LA ILAHA ILA LLAHU MUKH'LISWIINA LAHU DINA WA LAW'KARIHAL KAAFIRUUNA.

    4- ALLAHUMA LA MA'NIA LIMA AATWAY'TA WALA MUUTWIY LIMA MANAATA WALA YAN'FA'ﷻ‬ DHAL DJADI MIN'KAL DJADU.

    5- SUBHANA LLAHU inshuro 33

    AL HAM'DU LILAHI inshuro 33

    ALLAHU AK'BARU inshuro 33

    Kuzuza 100 ukavuga :

    LAILAHA ILA LLAHU WAH'DAHU LA SHARIIKA LAHU LAHUL MULKU WA LAHUL HAM'DU WA HUWA ALA KULI SHAY'IN QADIIRU.

    6- Gusoma ayatul kursiyu

    ALLAHU LA ILAHA ILA HUWAL HAYUL QAYUUM

    LA TAAKHUDHUHU SINATUN WALA NAW'MU

    LAHU MA FI SMAWATI WAMA FIL AR'DHWI

    MAN DHA LADHI YASH'FA'ﷻ‬ INDAHU ILA BI IDHINIHI YAALAM MA BAYNA AYIDIIHIM WAMA KHAL'FAHUM

    WALA YUHIITWUUNA BI SHAY'IN MIN IL'MIHI ILA BIMAA SHAA'A WASI'A KURUSIYUHU SAMAWAATI WAL ARDHWA WALA YA-ﷻ‬-DUHU HIF'DHUHUMA WA HUWA AL ALIYUL ADHWIIM".

    Ibisobanuro:

    IMANA nta yindi MANA ibaho ikwiye gusengwa by'ukuri uretse yo yonyine IMANA yo ifite ubuzima buzira iherezo ihagarariye buri icyo aricyo cyose ,yanahanze byose , ntigira ibitotsi cyangwa guhunyiza niyo nyir'imbaraga niyo ifite inategeka ibiri mu majuru n'ibiri mu isi nta n'umwe mu biremwa ushobora gusabira mugenzi we kurokora , uretse ku bushobozi bw'imana no ku burenganzira bwayo . izi ibikorwa by'abantu byo kw'isi ndetse n'ibyo ku munsi w'imperuka , ntawe ushobora kugira icyo amenya mu bushobozi bw'ubumenyi bw'Imana keretse icyo Imana ishatse ko amenya kandi kuwo ishatse, intebe yayo y'icyubahiro iruta amajuru n'isi kuko yo isumba byose kandi ikaba inyembaraga zihanitse".

    7- Gusoma suratul ikhlaswi

    QUL HUWA LLAHU AHADU

    ALLAHU SWAMADU

    LAM YARID WA LAM YUULAD\WA LAM YAKUN LAHU KUFUWAN AHADU

    Ibisobanuro:

    Vugat uti allah niwe MANA imwe rukumbi

    Allah we wishingikirizwa n'ibiremwa byose

    Ntiyabyaye kandi ntiyabyawe

    Kandi nta nakimwe asa nacyo mubyo yaremye

    8- Gusoma suratu naasi

    QUL A-UU- DHU BI RABI NAAS

    MALKI NAAS

    ILAAHI NAAS

    MIN SHARIL WASIWAASIL KHANAASI

    ALADHI YUWASIWISU FI SUDUURI NAAS

    MINAL DJINATI WA NAAS

    Ibisobanuro:

    Vuga uti nikinze ku Mana nyagasani w'abantu.

    Umwami w'abantu.

    Ugaragirwa n'abantu.

    Andinde ububi bwa shitani.

    Shitani itera impagarara mu mitima y'abantu.

    Iboneka mu madjini n'abantu

    9- Gusoma suratul faraq

    QUL A-UU-DHU BIRABIL FALAQ

    MIN SHARI MA KHALAQA

    WA MIN SHARI GHAASIQIN IDHA WAQABA

    WA MIN SHARI NAFATHAATI FIL UQADI

    WAN SHARI HAASIDIN IDHA HASADA.

    Ibisobanuro:

    Vuga uti nikinze kuri nyagasani w'igitondo.

    Andinde ibibi by'ibyo yaremye.

    N' inabi y'umwijima w'ijoro igihe ukubye.

    N'inabi y'abahuhira mu mapfundo.(abarozi b'abagore)

    N'inabi y'umunyeshyari igihe arigize.

    10- Na none ni byiza gusoma iri jambo kuri buri swala ya SWALATUL FADJ'RI na SWALATUL MAGH'RIBI inshuro 10

    LA ILAHA ILA LLAHU WAH'DAHU LA SHARIIKA LAHU LAHUL MUL'KU WA LAHUL HAM'DU YUH'YI WA YUMIITU WA HUWA ALA KULI SHAY'INI QADIIR.

    ISENGESHO ZIKORWA KU MUNSI N'IBICE BYAZO( RAKAAT)

    ISENGESHO

    IBICE (RAKAAT)

    1- ISWALA YA FADJIRI

    RAKA EBYIRI ( 2 )

    2- ISWALA YA ADHUHURI

    RAKA ENYE ( 4 )

    3- ISWALA YA AL ASW'RI

    RAKA ENYE( 4 )

    4- ISWALAT YA MAGHARIBI

    RAKA ESHATU ( 3 )

    5- ISWALA YA ISHA'I

    RAKA ENYE ( 4 )

    IMIGEREKA (SUNAT) IKORWA KU MUNSI

    ISWALA

    MBERE

    NYUMA

    1- AL FADJIRI

    RAKA EBYIRI ( 2 )

    2- ADHUHURI

    RAKA EBYIRI ( 2 )

    RAKA EBYIRI( 2)

    3- AL ASW'RI

    _

    _

    4- AL MAGHRIBI

    RAKA EBYIR ( 2)

    5- AL ISHA'I

    RAKA EBYIRI (2)

    Turangije dusaba IMANA ko yaduha ubumenyi kandi n'uwariwe wese uzasoma aka gatabo murwego rwo kumenya no kwiyibutsa ,

    Nanone duasaba IMANA kukwakirira ibikorwa byacu byiza dore ko ariwe uzi ibyihishe n'ibigaragara

    Ntitwarangiza tudasabiye amahoro n'imigisha intumwa muhamadi ndetse n'abasangirengendo be allah akomeze kubishimira nkuko yabishimiye…….

    معلومات المادة باللغة الأصلية